U Budage bwahaye Ukraine intwaro zo kurinda ikirere nyuma yo kuraswaho bikomeye n’u Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri ushize, u Budage bwagejeje muri Ukraine intwaro enye zo kwirinda ibitero byo mu kirere zo mu bwoko bwa IRIS-T nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ingabo muri Ukraine, Oleksii Reznikov, wanatangaje ko akoresheje Twitter bwa mbere .

Reznikov yongeyeho ko izindi ntwaro nk’izi zo mu bwoko bwa NASAMS zakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo ziri mu nzira nk’uko tubikesha Deutsche Welle.

Reznikov yongeyeho ati: “Ni ngombwa kurinda ikirere cya Ukraine kugira ngo dukize abaturage bacu.”

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’ingabo w’u Budage, Christine Lambrecht, yemeje itangwa rya IRIS-T, yongeraho ko izindi ntwaro nk’izi zo kurinda ikirere zizashyikirizwa Ukraine mu mwaka utaha.

Ati: “Ukraine ikeneye byihutirwa sisitemu zo kurinda ikirere n’imbunda zirasa kure kandi nibyo rwose u Budage butanga”.

Kuwa Mbere ushize nibwo ibice bitandukanye bya Ukraine birimo umurwa mukuru, Kyiv, byarashweho imvura y’ibisasu bigera kuri 80 mu rwego rwo kwihimura nyuma y’aho kuwa Gatandatu igice cy’ikiraro gihuza Intara ya Crimea, yigaruriwe n’u Burusiya mu 2014, giturikijwe n’igisasu mu gitero u Burusiya bushinja Ukraine kuba inyuma.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Budage bwahaye Ukraine intwaro zo kurinda ikirere nyuma yo kuraswaho bikomeye n’u Burusiya
    None se ikindi ni iki? Niba ibihugu bibiri mutubeshya ko birwana, mukaba muzi uzatsinda,mugaragaza aho muhagaze, ibyo murimo ntawe utabibona, icyo mushaka ni iki? Ikibabaje ni abanya Ukraine bahatikirira mwe muri mu dukino twanyu. Gusa aho kubona USA n’abambari bayo mwikomanga mu gatuza, izo ntwaro zakoreshwa, ubuzima bugatangira kuri 0.

  2. U Budage bwahaye Ukraine intwaro zo kurinda ikirere nyuma yo kuraswaho bikomeye n’u Burusiya
    None se ikindi ni iki? Niba ibihugu bibiri mutubeshya ko birwana, mukaba muzi uzatsinda,mugaragaza aho muhagaze, ibyo murimo ntawe utabibona, icyo mushaka ni iki? Ikibabaje ni abanya Ukraine bahatikirira mwe muri mu dukino twanyu. Gusa aho kubona USA n’abambari bayo mwikomanga mu gatuza, izo ntwaro zakoreshwa, ubuzima bugatangira kuri 0.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *