Kuri uyu wa Kane, abayobozi bavuze ko misile z’u Burusiya zarashe imijyi minini n’imito irenga 40 yo muri Ukraine, nyuma y’icyemezo cy’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye cyise kwigarurira intara za Ukraine igikorwa “kitemewe” kandi abafatanyabikorwa ba Ukraine biyemeza kurusaho kuyiha ubufasha bwa gisirikare .
U Burusiya bwongeye kuvuga ko Uburengerazuba, mu gufasha Ukraine, bwerekanye ko “ bufite uruhare rutaziguye mu ntambara” kandi buburira ko kwinjiza Ukraine muri NATO bishobora guteza Intambara ya Gatatu y’Isi yose.
Alexander Venediktov, Umunyamabanga Wungirije w’Akanama gashinzwe Umutekano mu Burusiya, yabwiye Ibiro Ntaramakuru TASS ati: “Kyiv izi neza ko intambwe nk’iyi isobanura intambara ya gatatu y’isi yose.”
Abayobozi bakuru b’ingabo za Ukraine bavuze ko mu masaha arenga 24, misile z’u Burusiya zarashwe ahantu harenga 40, mu gihe ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zagabye ibitero 32 ku bipimo 25 by’u Burusiya nk’uko bitangazwa na Reuters.
Oleksandr Senkevich, Umuyobozi w’Umujyi wa Mykolaiv wo ku cyambu, yavuze ku rubuga nkoranyambaga ko Mykolaiv “yarashweho cyane”.
“Inyubako y’amagorofa atanu yarashwe. amagorofa abiri yo hejuru yasenyutse rwose; ahasigaye munsi ni amatongo. Abatabazi barimo gukorera kuri site ”.
Kuri uyu wa Kane kandi, u Burusiya bwibasiye ahantu hatuwe mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, bukoresheje drone z’ubwiyahuzi.
Oleksiy Kuleba, Guverineri w’akarere ka Kyiv, yavuze ko hashingiwe ku makuru y’ibanze bafite ibo bitero byagabwe na drones zakozwe na Iran. Izi zikunze kwitwa drones z’ubwiyahuzi cyangwa “kamikaze drones”.
Kyrylo Tymoshenko, umuyobozi wungirije w’ibiro bya Perezida Volodymyr Zelensky, yatangaje ko ibikorwa remezo bikomeye byibasiwe n’izi ndege zitagira abaderevu.
Guverineri wa Dnipropetrovsk, Valentyn Reznichenko, yanditse kuri Telegram ko misile zibasiye amazu arenga 30 y’amagorofa n’ay’abantu ku giti cyabo, imiyoboro ya gaz n’imiyoboro y’amashanyarazi mu mujyi wa Nikopol mu karere ka Dnipropetrovsk, kandi imiryango irenga 2000 yasigaye idafite amashanyarazi.


