Urukiko Rukuru rwasubitse kumva ubujurire bw’ubushinjacyaha mu kibazo cya Imena Evode

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kabiri, itariki 07 Werurwe, Urukiko Rukuru rwimuriye kuwa Gatanu kumva ubujurire bw’ubushinjacyaha busaba ko uwahoze ari umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode yasubizwa muri gereza agakurikiranwa afunzwe.

Iki cyemezo kikaba cyafashwe nyuma y’aho Imena asabiye ikindi gihe cyo kwitegura kuburanira icyifuzo cy’ubushinjacyaha cy’uko yasubizwa mu buroko akazaburana afunzwe.

Imena yatangarije urukiko ko yamenyeshejwe ubujurire bw’ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatanu ushize, akaba atarabonye umwanya wo gusubiramo neza ubusabe bwabwo.

Urukiko rwa Nyarugenge kuwa 20 Gashyantare nibwo rwemereye Imena Evode gukurikiranwa adafunze mu kirego akurikiranweho gutanga uburenganzira bwo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko ubwo yari akiri umunyamabanga wa leta.

Ubushinjacyaha bwamushinjije gukoresha umwanya we nabi mu gushinga, afatanyije n’abitwa Francis Kayumba na Joseph Kagabo, ikigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kikandikwa ku mazina y’abagore babo.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kayumba na Kagabo bangiwe gukurikiranwa badafunzwe n’urukiko rwa Nyarugenge, biba ngombwa ko bafungwa iminsi 30 mu gihe iperereza ryari rikomeje mbere y’uko urubanza rutangira.

Aba nabo iyi nkuru dukesha The New Times ikaba ivuga ko nabo bajuririye mu Rukiko Rukuru icyemezo cy’urukiko rwa Nyarugenge rwo kwanga ko bakurikiranwa badafunzwe, ariko iki nacyo bikaba biteganyijwe ko kikazasuzumwa kuwa Gatanu.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *