Umukwabu wa Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda wo gufata imashini zikinirwaho imikino y’amahirwe zizwi nk’ibiryabarezi, umaze gufatirwamo imashini zigera mu 170 .
Abakozi ba MINICOM ndetse n’izindi nzego bafatanyije muri iki gikorwa barimo gushakisha ahari izi mashini z’imikino y’amahirwe, ariko ba nyirazo badafite ibyangombwa byo kuzitunga no kuzikoresha mu Rwanda.
Izirimo gufatwa harimo n’izitarimo gukoreshwa zibitse ahantu hanyuranye.
Bamwe mu baturage bavuga ko izi mashini aho ziri hose zikwiriye gufatwa kuko ngo zidindiza iterambere ry’igihugu nk’uko iyi nkuru dukesh RBA ivuga.
Iki gikorwa kirimo kuba ku bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano nk’uko bitangazwa na Evalde Mulindankaka, Umuyobozi muri minisiteri y’ubucuruzi n’inganda.
Barareba abakoresha izi mashini batarabiherewe uburenganzira kuko ngo byagiye bigaragara hirya no hino mu gihugu.
Kugeza ubu hamaze gufatwa izi mashini zizwi nk’ibiryabarezi 174, hari n’izindi zikabakaba mu 1000 zo zari zitarateranywa zikiri amapiyesi.
Itegeko rigenga imikino y’amahirwe ryo mu mwaka wa 2011 rivuga ko uyikoresha atabyemerewe acibwa ihazabu ya miliyoni 2 kugeza kuri 5, naho ubikoze binyuranije n’amategeko akamburwa icyangombwa kimwemerera gukora.



8 Responses
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
hano mu karere ka rulindo ho biracyakinywa.mu murenge wa kinihira mu centre ya kinihira .
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
hano mu karere ka rulindo ho biracyakinywa.mu murenge wa kinihira mu centre ya kinihira .
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Nonese babiciye burundu
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Nonese babiciye burundu
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Bicitse burundu
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Bicitse burundu
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Nibabireke bikore ntawe bahatira kugikina nubushake bwuwukina
Ibiryabarezi bigera mu 170 bimaze gufatirwa mu mukwabu wa MINICOM
Nibabireke bikore ntawe bahatira kugikina nubushake bwuwukina