Général Major Peter Cirimwami wayoboye ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yahamagawe mu rubanza rwa ba Colonel babiri bashinjwa gusiga umujyi wa Bunagana mu maboko y’umutwe witwaje intwaro wa M23.
Urukiko rw’igisirikare rwatangiye kuburanisha aba ba Colonel: Désiré Lobo uyobora Rejima y’3412 na Jean Marie Diadia wa Diadia uyobora Rejima y’3307 zikorera muri teritwari ya Rutshuru bashinjwa ibyaha birimo: guhunga umwanzi, gusiga intwaro n’amasasu, kutubahiriza amabwiriza no gukoresha nabi umutungo w’igihugu.
Ubushinjacyaha buherutse gusobanura ko ibi byaha bifitanye isano no kuba aba ba Colonel bayoboraga abasirikare bari mu mirwano na M23 bahunze, bata ibikoresho birimo intwaro n’imodoka, batuma uyu mutwe ufata Bunagana n’utundi duce tuyegereye.
Mu rubanza rwabaye kuri uyu wa 19 Ukwakira, Ubushinjacyaha bwasabye ko Gen. Cirimwami nk’uwayoboraga intara aba ba Colonel bakoreragamo yazitabira iburanisha rizaba tariki ya 26 nk’umutangamakuru.
Gen. Cirimwami ubwo yayoboraga ibikorwa by’igisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru, tariki ya 21 Kamena 2022 yambuwe n’abarwanyi ba M23 imodoka y’akazi yo mu bwoko bwa Jeep, arahunga. Hari hashize iminsi 9 Major Kiraku Mwisa wari ukuriye abarinzi be yishwe.
Nyuma y’ibyabaye kuri Gen. Cirimwami byaketswemo akagambane, yaje kwimurirwa mu ntara ya Ituri muri Nyakanga 2022. Muri Nzeri, yahamagawe n’urwego rushinzwe iperereza, rumara ibyumweru bibiri rumuhata ibibazo, gusa ntihari hamenyekanye ikigambiriwe.



