px7wvefofvjbxbn3ehwpyfnm6e.jpg

Tchad: Imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi yaguyemo 50 abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’intebe Saleh Kebzabo yabwiye abanyamakuru ko abantu bagera kuri 50 bishwe abandi benshi bagakomereka mu myigaragambyo yo kwamagana leta muri Tchad .

Urugomo rwadutse nyuma y’uko abigaragambyaga bafungaga imihanda bagatwika icyicaro cy’ishyaka rya minisitiri w’intebe ubwo abantu babarirwa mu magana birohaga mu mihanda basaba ko hajyaho ubutegetsi bwihuse bwa demokarasi nyuma y’uko Perezida Mahamat Idriss Deby yigaruriye ubutegetsi umwaka ushize nyuma y’urupfu rwa se.

Ku wa Gatanu ushize, hashyizweho guverinoma y’ubumwe bw’igihugu kugira ngo iyobore Tchad mu myaka ibiri iri imbere kugeza habaye amatora. Ariko abanenga barasaba ko demokarasi yagaruka vuba.

Iyi nkuru dukesha Reuters ivuga ko kuri uyu wa Kane abapolisi bakoresheje ibyuka biryana mu maso n’amasasu y’ipamba kugira ngo batatanye abigaragambyaga mu mujyi.

px7wvefofvjbxbn3ehwpyfnm6e.jpg

Guverinoma yavuze ko abashinzwe umutekano bakoze gusa mu rwego rwo kwirwanaho.

Kebzabo ati: “Ibyabaye uyu munsi ni imyivumbagatanyo yitwaje intwaro y’abaturage yo gufata ubutegetsi ku ngufu kandi abagize uruhare muri urwo rugomo bazahanwa n’ubutabera.”

“Abigaragambyaga bari bafite imbunda kandi bafatwa nk’inyeshyamba.”

Mu cyumweru gishize, nibwo Kebzabo, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Deby, yagizwe minisitiri w’intebe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *