Perezida Nkurunziza yashyizeho umuvugizi we mushya

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Pierre Nkurunziza kuri uyu wa 8 Werurwe 2017, nibwo yashyizeho umuvugizi we mushya ndetse n’icyegera.
Jean Claude KARERWA, wahagarariye Perezida Nkurunziza mu biganiro byabereye muri Tanzania niwe wagizwe umuvugizi mukuru we, Alain Diomede NZEYIMANA niwe uzajya yunganira Jean Claude.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi bibaye mu gihe Perezida Nkurunziza amaze imyaka ibiri yose atarava mu gihugu, nyuma y’igerageza rya kudeta (Coup d’Etat) yabaye ku wa 13 Gicurasi 2015, ubwo yari yagiye mu nama ya EAC muri Tanzania. Kuva uwo munsi Nkurunziza ntabwo yari yongera kurenga imbibi z’u Burundi, inama yatumiwemo atuma abavugizi.
nkur
Jean Claude KARERWA, yari asanzwe ari umuvugizi w’umukuru w’igihugu wungirijwe, agizwe umuvugizi mukuru mu gihe Gervais ABAYEHO wari umuvugizi mukuru mu minsi ishize yagizwe ambasaderi w’u Burundi muri Tanzania.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *