Umutwe witwaje intwaro wa M23 wambuye ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, agace ka Ntamugenga kari ingenzi cyane kuri zo kuko gahuza isoko rya Rutshuru n’umujyi wa Goma.
Ikinyamakuru 7 Sur 7 gikorera muri RD Congo cyatangaje aya makuru, gisobanura ko cyayahawe na bamwe mu basirikare ba Leta bari ku rugamba.
Umwe muri aba basirikare yatangaje ati: “Twasubiye inyuma hafi y’ibitaro bya Ntamugenga. Twaharasaniye cyane. Bafashe santere ya Ntamugenga.”
Amakuru y’ifatwa rya Ntamugenga kandi yemejwe n’umuyobozi waho, CĂ©lestin Nyamugira, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Jeune Afrique.
Muri iyi mirwano yabaye kuva mu gitondo cy’uyu wa 23 Ukwakira 2022, bivugwa ko M23 yatunguye FARDC iturutse mu ishyamba, haba kurasana cyane ariko birangira ingabo za Leta zirekuye aka gace.
Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge, kuri uyu wa 23 Ukwakira yatangaje ko guhera ku ya 20 uku kwezi, ngo “ingabo z’u Rwanda zitwikiriye M23” zagabye ibitero ku birindiro byabo birimo ibya Ntamugenga.
Aremeza ko FARDC yitwaye neza muri iyi mirwano, ati: “Ingabo zacu zitwaye mu buryo bw’intangarugero ku rugamba kandi zikomeje gutsinda umwanzi. Ni twebwe turi kugenzura ikibazo ahantu hose.”
Gen. Maj. Ekenge yavuze ko abantu bane bapfiriye muri iyi mirwano, abandi 40 barakomereka. Izi mfu n’inkomere zose yemeza ko zatewe n’ibisasu by’umwanzi wabo.



6 Responses
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
situation de jomba
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
m23 oye yesarahari
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
m23 oye yesarahari
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
situation de jomba
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
mukubite pumbafu m23 oye
M23 yambuye FARDC agace gahuza Rutshuru n’umujyi wa Goma
mukubite pumbafu m23 oye