Umunya-Espagne Unai Emery wigeze guca muri Arsenal nk’umutoza ariko ntahirwe n’ubuzima bwo muri iyi kipe, agiye kugaruka muri shampiyona y’Abongereza nk’umutoza wa Aston Villa.
Emery w’imyaka 50 y’amavuko yamenyekanye cyane mu makipe arimo Valencia na Sevilla FC y’iwabo muri Espagne, PSG yo mu Bufaransa na Arsenal yo mu Bwongereza.
Iyi kipe y’i Londres yayigezemo muri 2018 nk’umusimbura wa Arsène Wenger wari umaze kwirukanwa, gusa ntiyahirwa n’ubuzima kuko nyuma y’umwaka umwe wonyine yahise yirukanwa asimburwa na Mikel Arteta.
Emery kuri ubu yatozaga Villarreal yo muri Espagne, gusa amakuru ariho ni uko ari mu biganiro bya nyuma n’iyi kipe kugira ngo atandukane na yo; mu rwego rwo kujya gutoza Aston Villa yo mu Bwongereza.
Iyi kipe kuri ubu nta mutoza ifite, nyuma yo kwirukana Steven Gerrard wari umaze imyaka ibiri ari umutoza wayo kubera umusaruro utari mwiza.
Umunyamakuru Fabrizio Romano yavuze ko Aston Villa yiteguye guha Villarreal angana na miliyoni esheshatu z’ama-Euro kugira ngo yemerere Unai Emery kuba yayivamo.



2 Responses
Unai Emery utarahiriwe muri Arsenal agiye kugaruka gutoza muri Premier league
Emry you wellcam ta primierlegeu
Unai Emery utarahiriwe muri Arsenal agiye kugaruka gutoza muri Premier league
Emry you wellcam ta primierlegeu