Kuri uyu wa Kane, itariki 27 Ukwakira 2022, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umuhungu w’imyaka 25 ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato no kwangiza imyanya ndangagitsina umugore w’imyaka 45 .
Ni icyaha uregwa akekwaho kuba yarakoze ku wa 18 Ukwakira 2022, mu gihe cya saa tatu za mu gitondo, mu mudugudu wa Murehe, Akagari ka Rubona, Umurenge wa Kigembe ho mu Karere ka Gisagara, ubwo yari amusanze mu ishyamba yagiye gutashya inkwi.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru, buvuga ko mu ibazwa rye, uregwa yemera ko yamukubise hasi ku mabuye akamukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, nyuma agafata imyanya ndangagitsina ye akajya ayikurura.
Ngo yavuze ko ibyo yabitewe n’umujinya w’uko yari yanze ko bakorana imibonano mpuzabitsina, abisabira imbabazi.
Ibyo byaha akurikiranyweho biramutse bimuhamye yahanishwa igifungo cya burundu, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 114 y’Itegeko nÂş 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.



2 Responses
Huye: Umusore w’imyaka 25 arashinjwa gufata ku ngufu no kwangiza imyanya ndangagitsina
yarahemutsepe
Huye: Umusore w’imyaka 25 arashinjwa gufata ku ngufu no kwangiza imyanya ndangagitsina
yarahemutsepe