Col. Ndala (wahinnye ishati) ni umwe mu basirikare bahungabanyije bikomeye M23

28/10/2013: Ingabo zari ziyobowe na Col. Ndala zambuye M23 ibirindiro bya Rumangabo

Sangiza iyi nkuru

Tariki ya 28 Ukwakira 2013 (hashize imyaka 9) ni bwo abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bari bayobowe na Colonel Mamadou Ndala bisubije ibirindiro bya Rumangabo bikomeye muri Pariki ya Virunga, byari byarafashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Ni igikorwa Col. Ndala n’abasirikare yari ayoboye bagezeho babifashijwemo n’umutwe kabuhariwe w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) uzwi nka FIB (Force Intervention Brigade).

Ni M23 yari ikomeje gucika intege nyuma yo kurekura umujyi wa Goma yari yarafashe mu Gushyingo 2012 n’utundi two mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko muri teritwari ya Rutshuru, hamwe no gutakaza umuyobozi mukuru wayo, General Bosco Ntaganda, wishyikirije urukiko mpuzamahanga mpanabyaha muri Werurwe 2013.

Muri Werurwe 2013, akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kategetse ko abasirikare bari muri FIB bajya gufasha ingabo zari ziyobowe na Col. Mbala kwambura M23 ibice yari isigayemo.

Umunyamateka w’Umunyekongo, Benjamin Babunga Watuna, asobanura ko tariki ya 28 Ukwakira 2013, abasirikare bo muri FIB n’aba Col. Mbala bagabye igitero gikomeye ku birindiro bya Rumangabo, birukanamo abarwanyi ba M23.

Col. Ndala (wahinnye ishati) ni umwe mu basirikare bahungabanyije bikomeye M23
Col. Ndala (wahinnye ishati) ni umwe mu basirikare bahungabanyije bikomeye M23

Mu guhunga, M23 iyobowe na General Sultani Makenga yasize intwaro nyinshi zirimo n’iziremereye, ihunga yerekeza hafi y’urubibi rwa Uganda. Babunga ati: “Uru rugamba rwateje igihombo kiremeye M23 yasize intwaro nyinshi.”

Kuri iyi tariki, bisa n’aho M23 yari isigaranye umujyi wa Bunagana gusa ariko w’ingenzi ku buhahirane bwa RDC na Uganda. Na wo yaje kuwirukanwamo nyuma y’iminsi mike, hifashishijwe intwaro ziremereye z’ingabo za Leta ndetse n’indege z’intambara za MONUSCO zakoreshwaga na FIB.

Nyuma yo gufata Bunagana, Umudage Martin Kobler wayoboraga MONUSCO yatangaje ko M23 itsinzwe bidasubirwaho. Gen. Makenga n’abarwanyi bari bamaze guhungira muri Uganda banyuze muri Pariki ya Mgahinga.

MONUSCO ikiyobowe na Kobler (usuhuza abasirikare) ntiyigeze yorohera M23
MONUSCO ikiyobowe na Kobler (usuhuza abasirikare) ntiyigeze yorohera M23

M23 yubuye umutwe, irashaka kwisubiza ibi birindiro

Nyuma y’imishyikirano itaragize icyo itanga yabayeho hagati ya Leta ya RDC iyobowe na Félix Tshisekedi guhera mu mwaka w’2019, M23 yongeye kubura imirwano, isaba ko amasezerano impamde zombi zagiranye yubahirizwa.

Muri aya masezerano nk’uko byasobanuwe n’Umuvugizi wa M23 uriho ubu, Major Willy Ngoma, harimo ko abarwanyi b’uyu mutwe bagomba kwinjizwa mu nzego z’igihugu zishinzwe umutekano, kandi ntibakurikiranwe n’ubutabera.

Leta ya RDC [yaje kwisubiraho ikavuga ko itazongera kwinjiza abahoze ari inyeshyamba mu nzego z’umutekano] yatangaje ko ibyo M23 isaba bitashoboka, kandi ikwiye kurwanywa nk’umutwe w’iterabwoba ugambiriye guhungabanya umutekano w’igihugu.

Uku kutumvikana kwatumye imirwano ya M23 n’ingabo za RDC ifata intera, bigera aho tariki ya 13 Kamena 2022, uyu mutwe witwaje intwaro ufata umujyi wa Bunagana n’uduce bihana imbibi, uhashinga ibirindiro.

M23 imaze gufata Bunagana n’utu duce, imirwano yamaze amezi hafi ane ihagaze, ariko nyuma y’aho ingabo za RDC zari zikomeje gushyirwaho igitutu n’Abanyekongo zirayisubukura, zegura intwaro zishaka kutwisubiza.

Aho kwisubiza utu duce, izi ngabo zambuwe utundi turimo santere y’ingenzi ya Ntamugenga irimo ibikorwaremezo nk’ibitaro, kandi kugeza kuri uyu wa 27 Ukwakira, imirwano yasatiraga umuhanda munini uhuza Rutshuru na Goma.

Amakuru mashya agera kuri BWIZA yemeza ko M23 yashinze ibirindiro by’agateganyo mu bilometero bigera kuri 5 (5km) ugana ku birindiro bya Rumangabo yirukanwemo mu myaka 9 ishize, kandi ngo irashaka kuyisubiza.

M23 iyoborwa na Gen. Makenga (ufashe inkoni yo kugenderaho) irashaka kwisubiza ibirindiro bya Rumangabo
M23 iyoborwa na Gen. Makenga (ufashe inkoni yo kugenderaho) irashaka kwisubiza ibirindiro bya Rumangabo

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. 28/10/2013: Ingabo zari ziyobowe na Col. Ndala zambuye M23 ibirindiro bya Rumangabo
    Genda Ndala waruri umusirikare!!

  2. 28/10/2013: Ingabo zari ziyobowe na Col. Ndala zambuye M23 ibirindiro bya Rumangabo
    Genda Ndala waruri umusirikare!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *