Imirwano ikaze iravugwa kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 28 Ukwakira 2022 i Rutshuru hagati ya M23 n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo .
Amakuru atangazwa na buniaactualite.cd muri kariya karere aravuga ko imirwano yatangiye ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku misozi ya Musego na Ruhungwe, ireba ikigo cya gisirikare cya Rumangabo muri Groupement ya Kisigari.
Ayo makuru akomeza avuga ko urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje ruri kumvikana mu ndirimbo y’urupfu muri iki gice, mu gihe mu bindi bice byabanjemo imirwano hari ituze.
Iyi nkuru iravuga ko ingabo z’igihugu ziri gusubiza neza ibitero by’izi nyeshyamba zigerageza gufata ikigo cya gisirikare cy’ingenzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Hagati aho, ngo FARDC iri kubuza abaturage gufata amashusho y’ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya umwanzi bakoresheje terefone zabo, aho ngo yifuza ko byakomeza kuba bucece bishoboka kugirango batsinde umwanzi mu ibanga bukomeye.
Ku rundi ruhande, abaturage bakomeje guhunga mu midugudu itandukanye ikikije ahabera imirwano. Bamwe muri bo bari gufata icyerekezo cya Kiwanja abandi bagahitamo guhungira mu Mujyi wa Goma uherereye nko muri kilometero mirongo itanu.



6 Responses
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
yesa banjyimbere bagende
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
Ntawurwa nirira ukuri utsi ndwa ni mana izi aho impunzi aho zanamye kandi umusi kuwu ndi basabi mana gutaha iwabo congo
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
Ntawurwa nirira ukuri utsi ndwa ni mana izi aho impunzi aho zanamye kandi umusi kuwu ndi basabi mana gutaha iwabo congo
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
yesa banjyimbere bagende
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
UWITEKA GUSA
RDC: Imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC mu nkengero z’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo
UWITEKA GUSA