Umujyi wa New York ugiye kwishyura miliyoni 36$ abahamijwe kwica Malcolm X barengana

Sangiza iyi nkuru

Abagabo babiri bahamijwe icyaha cyo kwica Malcolm X mu 1965 barengana igihano bahawe kigateshwa agaciro umwaka ushize, bazahabwa miliyoni 36 z’amadolari y’indishyi n’umujyi na Leta ya New York .

Umwunganizi wabo David Shanies yagize ati: “Amahano y’iyicwa rya Malcolm X yumvikanye ku isi hose, kandi yiyongera ku kuba yaratumye inzirakarengane ebyiri z’abasore b’abirabura bafungwa “.

Aba bagabo bombi, Muhammad Aziz na Khalil Islam, bombi bamaze imyaka irenga 20 muri gereza bazira iyicwa rya Malcolm X, bahoraga bavuga ko batagizemo uruhare nk’uko tubikesha AFP.

Barekuwe hagati mu myaka ya za 1980, ariko mu Gushyingo 2021 ni bwo Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta ya New York rwahanaguye amazina yabo bose, ruvuga ko ikatirwa ryabo mu gice hafi cy’ikinyejana ari “ubutabera bwatsinzwe.”

Shanies ati: “Uyu munsi turemera ako akarengane kandi tugatera intambwe yo kugakosora.”

Yemeje raporo yatangajwe na New York Times ivuga ko umujyi wa New York uzishyura miliyoni 26 z’amadolari kugira ngo agabanwe hagati ya Aziz w’imyaka 84 n’umuryango wa Islamu wapfuye mu 2009.

Guverinoma ya leta ya New York kandi izishyura miliyoni eshanu z’amadolari buri umwe, yose hamwe abe miliyoni 36 z’indishyi.

Mu gihe kirenga igice cy’ikinyejana, inyandiko zemeza ko abantu batatu bagize itsinda ry’abirabura rya Nation of Islam, Malcolm X yari aherutse kwamagana, barashe umuyobozi w’icyamamare ubwo yari ageze kuri podium agiye kuvuga ijambo mu gace ka Harlem.

Aziz, Islam n’umugabo wa gatatu, Mujahid Abdul Halim, bahamwe n’icyaha mu 1966, ariko abahanga mu by’amateka bari bamaze igihe kinini bashidikanya kuri urwo rubanza.

Halim ubu ufite imyaka 81, warekuwe mu 2010, yemeye uruhare mu bwicanyi ariko yakomeje kwemeza ko abandi bombi ari abere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *