Gasogi United yacanye umubano n’abanya-Misiri bari abatoza wayo

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Gasogi United yamaze kwirukana umunya-Misiri Ahmed Adel wari umutoza wayo mukuru ndetse na Bahaaeldin Ibrahim wari umwungiriza we.

Iyi kipe y’umushabitsi Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yemeje aya amakuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Gasogi United kuri Twitter yavuze ko yatandukanye n’aba batoza ku bwumvikane.

Iti: “Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi zatumye habaho isesa ry’amasezerano yacu y’imikoranire, turabashimira ku bw’akazi kanyu Adel Ahmed.”

Ubu butumwa bwari bukurikiye ifoto iriho uyu mutoza n’umwungiriza we yakozwe n’iriya kipe mu rwego rwo kubashimira ndetse no kubifuriza amahirwe masa.

Muri Nyakanga uyu mwaka ni bwo Gasogi United yari yatangaje Abdel Ahmed na mugenzi we nk’abatoza bayo bakuru, nyuma yo kubasinyisha amasezerano y’umwaka umwe.

Byari nyuma yo gutandukana n’Umukongomani Guy Bukassa wari usanzwe ari umutoza wayo mukuru kubera umusaruro muke, dore ko mu mwaka ushize w’imikino iyi kipe yasoje shampiyona iri ku mwanya wa 11.

Bariya banya-Misiri birukanwe nyuma y’umukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona Gasogi United yatsinzwemo na AS Kigali igitego 1-0 ejo ku Cyumweru.

Ni ibyatumye iyi kipe igumana 10 kuri 18, dore ko mu mikino itandatu imaze gukina yatsinzemo itatu igatsindwa ibiri; na ho umwe ikaba yarawunganyije.

Abdel Ahmed yanirukanwe na Gasogi United mu gihe yaherukaga guhagarikwa imyaka itanu mu bikorwa by’umupira w’amaguru n’impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yamushinje gukoresha ibya ngombwa by’ibihimbano.

Uyu mutoza cyakora cyo yaje kubyigarama avuga ko ruriya rwego rwamwitiranyije.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Gasogi United yacanye umubano n’abanya-Misiri bari abatoza wayo
    KNC nakore amahugurwa kuko NTA mutoza bashobokana cyereka Umutoza wa fek. Uwo mutoza Gassa wa as kgali si knc wamwirukanye ngo nu muswa none niwe umukubisse Kubita utababarira knc football ntibayikinira Kuri micro ubimenye neza.

  2. Gasogi United yacanye umubano n’abanya-Misiri bari abatoza wayo
    KNC nakore amahugurwa kuko NTA mutoza bashobokana cyereka Umutoza wa fek. Uwo mutoza Gassa wa as kgali si knc wamwirukanye ngo nu muswa none niwe umukubisse Kubita utababarira knc football ntibayikinira Kuri micro ubimenye neza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *