Uganda: Abantu bitwaje intwaro bishe abapolisi 2 mu gitero kuri station ya polisi

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bishe umuyobozi mukuru (OC) w’iperereza hamwe n’umupolisi muto, abandi barakomereka mu gitero cyagabwe kuri Station ya Polisi ya Busiika mu karere ka Luweero .

Umuyobozi muri aka karere, Richard Bwabye uyoboye komite ishinzwe umutekano y’akarere, yavuze ko abagabye igitero bateye ahagana mu ma saa moya n’igice z’umugoroba.

Ati: “Nakiriye amakuru ababaje ku iyicwa ry’abapolisi babiri i Busiika. Kugeza ubu ntituramenya impamvu ndetse n’abakekwa abo ari bo ”.

Abapfuye barimo Inspector of Police Moses Wagaluka, OC CID, na Police constable Alex Ongolo nk’uko iyi kuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Stephen Andama, undi mupolisi, yarokokanye ibikomere by’amasasu kandi bivugwa ko yajyanywe mu bitaro bya gisirikare bya Bombo.

Ababibonye bavuga ko abo bagabye igitero batwitse amadosiye y’abapolisi batwara imbunda ebyiri z’abapolisi bishwe.

Richard Nyombi, umuyobozi w’Umujyi wa Busiika, yavuze ko abakekwa bategetse ba nyiri amaduka hafi y’ibiro bya polisi guhagarika ubucuruzi bwabo no gutaha mbere y’uko barasa.

Batwitse amadosiye menshi ya polisi n’inyandiko z’ubuyobozi mbere yo gutoroka.
Bamwe mu batangabuhamya bavuga ko abagabye igitero bageraga ku munani, bakavuga ko berekeje i Nakifuma, mu Karere ka Kayunga, igihe bahungaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *