Kuri uyu wa Kabiri ingabo za Monusco zavuze ko zavuye mu birindiro zari zifte muri Rumangabo nyuma y’aho aha higaruriwe n’umutwe wa M23 .
Izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zafashaga iza leta ya Repubulika ya Demokarasi yaa Congo, FARDC, mu kurwanya inyeshyamba za M23 ziherutse kwigarurira umujyi wa Kiwanja ku wa Gatandatu ushize nyuma ya Rutshuru.
Mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buzwi ku izina rya MONUSCO, mu nyandiko yanditse ku rubuga rwa Twitter bwagize buti: “Twafashe ingamba zo kuva muri Rumangabo, nyuma yo kubyumvikana n’abafatanyabikorwa bacu, kugira ngo turusheho gutegura intambwe ikurikira turi kumwe.”
Ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Biravugwa ko gutakaza ibirindiro bikomeye bya gisirikare nk’ibi ni ikibazo kuri Congo ndetse no ku mutekano muri rusange mu burasirazuba bwibasiwe n’amakimbirane.
Ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri hagati aho mu nkengero za Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ubwoba n’umujinya byari byose abaturage barakariye Monusco kubera guta ibyo birindiro.
Amakuru avuga ko i Kanyaruchinya, byibuze imodoka imwe ya MONUSCO yatwitswe n’abaturage barakaye nyuma y’icyemezo cyo kuva i Rumangabo.
Iyi ntambara yubuye mu ntangiriro z’Ukwakira kandi irarushaho guhungabanya umutekano wa RDC n’u Rwanda rushinjwa gufasha M23 nubwo rudahwema kubihakana.


