Gerard Pique yatangaje ko agiye gusezera ruhago

Sangiza iyi nkuru

Myugariro Gerard Pique usanzwe akinira FC Barcelone y’iwabo muri Espagne, yatangaje ko yamaze gufata icyemezo cyo gusezera ku mupira w’amaguru.

Pique w’imyaka 35 y’amavuko yemeje aya makuru binyuze muri Videwo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Yavuze ko umukino wa shampiyona ya Espagne FC Barcelone igomba guhuriramo na Armeria ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ari wo wa nyuma azaba akinnye nk’umukinnyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *