Iperereza ku bahoze ari abayobozi bakuru muri RURA rirakomeje mu gihe bidegembya

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rurimo gukora iperereza ku bikorwa bibi byavuzwe mu micungire y’Urwego rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye akamaro igihugu (RURA) yatumye abayobozi batatu bakuru b’uru rwego birukanwa ubu bakaba bakurikiranwa bidegembya .

Umuvugizi wa RIB, Thierry Murangira, yavuze ko ari ukuri ko hakomeje iperereza kandi ko abafitanye isano rya bugufi n’iyi dosiye ari abakozi bakuru ba RURA baherutse kwirukanwa ku mirimo yabo.

Abo barimo uwahoze ari Umuyobozi mukuru w’agateganyo, Eng. Deo Muvunyi, uwahoze ari Umuyobozi mukuru ushinzwe imari, Pearl Uwera, n’uwahoze ari Umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi n’ubutegetsi, Fabian Rwabizi.

Bose birukanwe ku ya 10 Ukwakira, kandi nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro bya Minisitiri w’intebe, birukanwe “kubera kutubahiriza amategeko no kunanirwa inshingano zabo.”

Ikinyamakuru New Times cyamenye ko uko ari batatu babanje gufungwa ariko nyuma bakarekurwa by’agateganyo n’ubushinjacyaha mu gihe iperereza rigikomeje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *