Igisirikare cya Somalia cyihimuye kuri Al Shabaab, kiyikubita ahababaza

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Somalia cyatangaje ko cyivuganye byibura abarwanyi 100 ba Al Shabaab, nyuma y’imirwano ikomeye yasakiranyije ingabo zacyo n’inyeshyamba z’uriya mutwe w’iterabwoba.

Ni imirwano Minisiteri y’Ingabo za Somalia yatangaje ko yabereye mu karere ka Hiran gaherereye rwagati mu gihugu.

Al Shabaab yatakaje bariya barwanyi, mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize ibitero byayo byivuganye ababarirwa mu 120 i Mogadishu mu murwa mukuru wa Somalia.

Ni nyuma y’uko imodoka ebyiri zari zitezemo ibisasu zaje guturikanwa na byo, bikarangira bariya bantu bose bapfuye. Al Shabaab yigambye kiriya gitero cyabaye icya mbere kiguyemo abantu benshi, nyuma y’icyo yagabye mu myaka itanu ishize kikagwamo ababarirwa muri 500.

Uyu mutwe w’iterabwoba kuri ubu umaze imyaka irenga 16 igaba ibitero ku baturage ba Somalia, mu rugendo wiyemeje rwo guhirika ubutegetsi bw’i Mogadishu.

Kuva muri Kanama uyu mwaka cyakora cyo Al Shabaab yacanweho umuriro n’Ingabo za Leta ya Somalia zifatanyije n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho Perezida mushya Hassan Sheikh Mohamud agiriye ku butegetsi.

Ku wa Gatanu w’iki cyumweru ni bwo amafoto y’imirambo myinshi y’abarwanyi ba Al Shabaab yasangijwe ku muyoboro wa Telegrame wegamiye ku gisirikare cya Somalia.

Ni nyuma y’imirwano ikomeye yabereye mu midugudu ya Garas Magan na El Hareeri ku wa Kane w’iki cyumweru, nk’uko Minisiteri y’Ingabo za Somalia yabitangaje.

El Hareeri ni agace gaherereye ku ntera ya kilometero 15 uvuye mu mujyi wa Adan-yabal mu ntara ya Middle Shabelle, mu ntangiriro z’iki cyumweru akaba ari bwo wigaruriwe n’Ingabo za Somalia.

Umutwe wa Al Shabaab wo uheruka gutangaza ko ku wa Kane w’iki cyumweru wivuganye abasirikare ba Leta ya Somalia babarirwa mu binyacumi, gusa ikavuga ko umunani mu barwanyi bayo baguye mu bitero yashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *