Abasirikare bakuru bahagararira ingabo za Ethiopia n’abo mu mutwe witwaje intwaro wa TPLF urwanira abo mu ntara ya Tigray barahurira i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022.
Nk’uko itangazo ryashyizwe hanze n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) ribisobanura, aba basirikare baraba bashyira mu bikorwa ibyemezo byafatiwe mu biganiro byahurije impande zombi muri Afurika y’Epfo mu cyumweru gishize.
Ibi byemezo birimo: kurambika intwaro, kwita ku mutekano wo muri Tigray, kwemeranya ko serivisi zihabwa abaturage zisubukurwa muri iyi ntara no gushyiraho umurongo w’itumanaho ingabo z’impande zombi zizajya zivuganiraho.
Ibiganiro hagati ya Leta ya Ethiopia n’iya Tigray biyobowe n’abagaragariye AU mu ihembe rya Afurika, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya na Phumzile Mlambo-Ngcuka wabaye Visi Perezida wa Afurika y’Epfo.
Bibayeho nyuma y’imirwano yari imaze hafi imyaka ibiri hagati y’ingabo z’impande zombi, aho zashinjanyaga ubushotoranyi n’ibindi byaha birimo kubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu.


