Guverinoma ya Uganda yafashe icyemezo cyo kohereza abanyeshuri mu biruhuko ibyumweru bibiri mbere y’uko igihembwe kirangira kubera icyorezo cya Ebola .
Minisitiri w’uburezi, Janet Museveni, akaba ari n’umutegarugori wa Perezida Yoweri Museveni, mu itangazo yashyize ahagaragara yatangaje ko guverinoma izafunga amashuri y’incuke, amato n’ayisumbuye ku itariki ya 25 y’uku kwezi.
Abayigamo bari mu gihembwe cya gatatu, ari nacyo cya nyuma cy’umwaka w’amashuri. Cyari kuzarangira kuwa gatanu, tariki ya 9 y’ukwezi gutaha.
Minisitiri Museveni avuga ko “kohereza abanyeshuri mu biruhuko hakiri kare bizagabanya ahantu abana bashobora kwandurira Ebola kubera guhura buri munsi n’abandi benshi, abarimu n’abandi bakozi.”
Nk’uko bitangazwa na Reuters, Janet Museveni yakomeje asobanura ko abanyeshuri 23 banduye Ebola kugeza ubu. Umunani muri bo yabishe.
Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko muri rusange abaturage bose hamwe mu gihugu bari bamaze kwandura Ebola kugeza kuwa Mbere bari 135, barimo 53 yishe.


