Umunyapolitiki Tony DeLuca wapfuye mu kwezi gushize yatorewe umwanya w’umushingamategeko mu nteko ishinga amategeko muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), ku majwi 85%.
Ni itora ryashimishije komite y’ishyaka rya Democrate mu nteko ishinga amategeko ya Leta ya Pensylvannia, isohora itangazo rigaragaza ibyiyumvire ifite.
Yagize ati: “N’ubwo twababajwe n’urupfu rw’intumwa Tony DeLuca, dutewe ishema no kubona abatora bagaragaza icyizere bamufitiye bakanagirira icyizere indangagaciro ze za demukarasi, bakamutora nyuma y’urupfu.”
Nk’uko ikinyamakuru The Guardian cyabitangaje, DeLuca yapfuye tariki ya 9 Ukwakira 2022 ubwo yari afite imyaka 85 y’amavuko, azize uburwayi yari amaranye igihe.
Kubera ko igihe ntarengwa cyo guhindura umukandida cyari cyarageze, ishyaka Democrate ryemeye ko iye igumamo ndetse akazatorwa nk’uko byari byarateganyijwe ubwo yari akiri ku Isi.
Itora ryabaye nk’uko ryari riteganyijwe, DeLuca atsinda Queonia Zarah Livingston wo mu ishyaka Green bari bahatanye, ku majwi 85% kuri 15%.
Ikizakurikiraho nyuma y’aho DeLuca atsinze amatora ni uko hazabaho itora ryihariye mu ishyaka Democrate rizagena umusimbura w’uyu munyapolitiki.
Tony DeLuca yamaze imyaka 39 ari mu nteko ishinga amategeko ya Pennsylvania.


