Umutoza Haringingo Francis Christian w’ikipe ya Rayon Sports asanga igikomeye Kiyovu Sports yarushije ikipe ye amahirwe, ari na yo yatumye iyitwara amanota atatu mu mukino baraye bahuriyemo.
Kiyovu Sports yari yakiriye Rayon Sports kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona warangiye iyitsinze ibitego 2-1.
Ni ibitego byatsinzwe mu gice cya mbere cy’umukino na Nshimirimana Ismael ‘Pitchou’ cyo kimwe na Mugenzi Bienvenu; mu gihe impozamarira ku ruhande rwa Rayon Sports yabonetse mu minota ya nyuma y’umukino biciye kuri Essomba Willy Onana.
Rayon Sports yasoje igice cya mbere cy’umukino iri inyuma n’ibitego 2-0; mu gihe yari yagiye ibona uburyo bwinshi bw’ibitego ariko ikananirwa kububyaza umusaruro.
Uburyo butatu bukomeye iyi kipe yabonye ni ubwa Ngendahimana Eric, Musa Esenu na Ganijuru Elie; gusa biba ngombwa ko umunyezamu Nzeyurwanda Djihad agenda arokora ikipe ye.
Umutoza Haringingo mu kiganiro n’abanyamakuru; yavuze ko Rayon Sports yakabaye yabyaje umusaru ubu buryo gusa ibura amahirwe.
Ati: “Muri rusange twakinnye neza, twabonye uburyo bw’ibitego, navuga ko Kiyovu ikintu kinini yadusumbije ni amahirwe. Twashoboye gukina, twashoboye kubateza ibibazo ariko umunyezamu wabo mwabonye ko mu gice cya mbere yakuyemo imipira myinshi ikomeye, rero navuga ko ari amahirwe badusumbije.”
Haringingo yavuze ko kuba Rayon Sports yatsinzwe na Kiyovu bitavuze ko ari ikipe yoroshye, mu gihe yari imaze imikino yikurikiranya itaratakaza inota na rimwe.
Yavuze ko nyuma yo gutsindwa uriya mukino igikurikira ari ukuganiriza abakinnyi be akanabategura mu mutwe, kugira ngo bakomeze kuba mu mwuka batangiranye shampiyona.
Ku bwa Haringingo, amakosa yakozwe ku mukino wa Kiyovu Sports agiye gukosorwa kandi isezerano ni uko Rayon Sports igomba gutwara igikombe cya shampiyona.
Nyuma yo gutsindwa uyu mukino, Rayon Sports yahise itakaza umwanya wa mbere ifata uwa kabiri n’amanota 18, ikaba irushwa abiri na mukeba wayo Kiyovu Sports.


