Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi 7 bo mu mutwe witwaje intwaro ukomoka mu Rwanda, gukomeretsa benshi hamwe no gufata mpiri bane muri bo.
Ikinyamakuru SOS Burundi gisobanura ko byabereye mu mirwano yabaye mu cyumweru gishize hagati y’ingabo z’iki gihugu n’izi nyeshyamba mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri komini ya Bukinanyana na Mabayi mu ntara ya Cibitoke.
Umwe mu batuye hafi y’ahabereye imirwano, yatangaje ati: “Imirwano yari ikomeye. Abasirikare b’u Burundi batunguye inyeshyamba z’Abanyarwanda, zirwanaho. Habonetse imirwano 7 y’inyeshyamba n’inkomere enye.”
Iki kinyamakuru gisobanura ko abasirikare bagihaye amakuru ariko batifuje ko amazina yabo amenyekana, bagitangarije ko iyi mirwano yashingiye ku bwiriza bari bahawe ryo kwirukana izi nyeshyamba.
Bitewe n’ubukare bw’urugamba n’ahantu rwaberaga, abaturage bamwe batuye muri izi komini barahunze. Gusa ngo ubu ingabo z’igihugu zagaruye ituze.
FLN ni wo mutwe witwaje intwaro urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda uzwi ukorera mu ishyamba rya Kibira. Wabyigambye guhera mu mwaka w’2018 ndetse hari abarwanyi bayo Leta y’u Burundi yigeze gufatiramo, irabarushyikiriza.


