Umupasiteri mu itorero ry’Abangilikani mu gace ka Taita Taveta mu gihugu cya Kenya akurikiranyweho gutera inda umwana w’umunyeshuri w’imyaka 15 gusa y’amavuko.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Polisi yo muri aka gace itangaza ko uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma y’uko ababyeyi b’uyu mwana utatangarijwe amazina baje kuyimuregera dore ko bari banamaze igihe babakeka.
Uyu mupasiteri ngo yari asanzwe yigisha uyu mwana hamwe na barumuna be ijambo ry’Imana abasanze mu rugo ubwo rimwe ari ku cyumweru yazaga nk’uko bisanzwe akaba ari we ahasanga wenyine agaherako amusambanya.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Fred Ochieng, uhagarariye sitasiyo ya Polisi uyu mukozi w’Imana afungiyeho yatangaje ko hakiri gukorwa iperereza ariko bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa gatanu agezwa imbere y’ubutabera.
Mu mpera z’umwaka wa 2016, leta ya Kenya yari ifite abaturage bangana na Miliyoni 41.6, abaturage baho bakaba biyonyeraho byibuze Miliyoni imwe ku mwaka. uku kwiyongera bikaba biterwa ahanini n’abana bavuka ku muvusuko ungana na 36/1000.
Muri aba bavuga buri mwaka, 47% bavuka ku babyeyi batabiteguye bibanzemo abana bafatwa ku ngufu, abashukwa n’abandi baterwa inda batabiteguye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


