Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Ugushyingo 2022, mu giturage cya Kishishe, mu birometero nka 15 uvuye ahitwa Kibirizi, muri Sheferi ya Bwito, haravugwa imirwano ihuje inyeshyamba za M23 ndetse n’iza Mai-Mai zifatanyije na FDLR .
Nk’uko aya makuru atruruka mu burasirazuba bwa Congo, agaragarakuri twitter ya Kivu Morning Post avuga ko iyi mirwano yatumye abaturage benshi bata ibyabo bahunga berekeza Kibirizi na Kirima.
Aya makuru akaba avuga ko mu gihe ihagarikwa ry’imirwano ryasabwe mu nama iherutse kuber i Luanda risa nk’iryubahirijwe hagati ya FARDC na M23, ku rundi ruhande guhera mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere ushize, M23 yakomeje guhangana n’umutwe wa FDLR ahitwa Biruma na Kinyandonyi.
#RDC #Rutshuru À KISHISHE, village situé à 15 kilomètres de KIBIRIZI, chefferie de BWITO, LES MAÏ MAÏ , FDLR se battent depuis le matin de ce mardi 29 nov 2022 avec le #M23.
Les habitants de KISHISHE se dirigent nombreux vers KIBIRIZI ET KIRIMA selon des sources concordantes.— Kivu Morning Post (@KivuMorningPost) November 29, 2022
Aha i Kinyandonyi, Kivu Morning Post ikaba yakomeje ivuga ko indi modoka ya M23 yaguye mu gico cy’abantu bitwaje ibirwanisho bikekwa ko ari abo muri FDLR bakayirasaho bikomeye ariko umubare w’abahaguye utaramenyekana.
Iki ngo kikaba ari igico cya kabiri abarwanyi ba M23 bisanzemo nyum y’icyo baherutse kugwamo ahitwa Rugari kigabwe n’inyeshymba zo mu mutwe wa CMC.


