Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yishongoye kuri Iran nyuma y’aho ikipe yayo y’umupira w’amaguru itsindiwe n’iy’igihugu cye mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi riri kubera muri Qatar.
Muri uyu mukino wabaye mu ijoro ry’uyu wa 29 Ugushyingo 2022, ikipe ya USA yatsinze iya Iran igitego kimwe ku busa. Christian Pulisic ukina hagati asatira ni we wagitsinze ku munota wa 38.
Ni umukino wabaye nyuma y’umwuka mubi watutumbye hagati y’amashyirahamwe y’ibihugu byombi ashinzwe umupira w’amaguru, watewe n’uko ikipe ya USA yatangaje integuza y’uyu mukino, igashyira ku rubuga rwayo ibendera rya Iran yakuyemo ikirango cya ‘Allah’.
Iki gikorwa ishyirahamwe ryo muri Iran ryarakigaye ndetse rijya kurega iyi kipe mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, risaba ko yafatirwa ibihano, ariko iryo muri USA ryiregura ko byakozwe mu rwego rwo gushyigikira Abanya-Iran bamaze iminsi mu myigaragambyo.
Uyu mukino wiswe ‘uwa politiki’ wabaye mu gihe iki kibazo kitarakemuka, abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko Abanyamerika n’Abanya-Iran guhera ku bari muri sitade ya Al Thumama mu mujyi wa Doha bahanze amaso uko urangira.
USA yatsinze, Perezida Biden wari wahuriye n’abakunzi b’ikipe y’igihugu mu mujyi wa Bay City muri Leta ya Michigan yagiriragamo uruzinduko rw’akazi, afata ijambo, avuga ko uyu mukino wari ukomeye.
Ati: “USA ikubise 1, Iran ntacyo yabonye. USA 1, Iran 0, umukino urarangiye! Yewe yewe yewe! USA, USA, USA! Ni umukino ukomeye mwa bantu mwe! Navuganye n’umutoza n’abakinnyi, ndababwira nti ‘mwabishobora’, bavuze bati ‘Ahh, yego.’ Babikoze. Imana irabakunda. Naho ubundi ndatekereza mwashakaga kubyumva.”
Ibi bihugu bimaze imyaka myinshi bidacana uwaka, biturutse ku bihano by’ubukungu iki gihugu cyo ku mugabane wa Amerika cyafatiye Iran, biturutse ku kutumvikana kuri gahunda yo gukoresha ingufu za nikeleyeri.



