Perezida wa Afurika y’Epfo ashobora kurara yeguye

Sangiza iyi nkuru

Ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo bimaze gutangaza bishoboka cyane ko Perezida Cyril Ramaphosa arara atangaje ubwegure kuri uyu mwanya n’uw’umuyobozi w’ishyaka ANC.

Ni nyuma y’iperereza ryapfundikiwe ku byaha akurikiranweho byo kunyereza umutungo wa miliyoni 4 z’amadolari ya Amerika no gutanga ruswa, ibi byaha ngo bikaba byarabereye mu isambu ye yitwa Farmgate mu mwaka w’2020.

Ikinyamakuru News24 kiri mu bikomeye muri Afurika y’Epfo kimaze gutangaza ko ibyavuye muri iri perereza ryatangijwe na Arthur Fraser wigeze kuyobora urwego rushinzwe ubutasi muri iki gihugu byatumye n’ishyaka ANC rikura amaboko kuri Ramaphosa.

Cyatangaje kiti: “Ibimenyetso byose bigaragaza ko Cyril Ramaphosa aregura ku mwanya wa Perezida w’igihugu mu masaha ari imbere. Anitezweho kwegura ku buyobozi bwa ANC, kandi arava mu nama y’amatora iteganyyijwe muri Nasrec.”

Iki kinyamakuru gisobanura ko cyavuganye n’abanyapolitiki bo ku rwego rwo hejuru, barimo n’abakorana bya hafi na Ramaphosa, bakibwira ko uyu Mukuru w’Igihugu aregura, kandi ngo yagiriwe inama y’uko icyemezo cyiza ari ukwegura mu nyungu rusange z’igihugu.

Umuvugizi wa Ramaphosa, Vicent Magwenya abajijwe ku cyo ateganya, yasobanuye ko Umukuru w’Igihugu agitekereza ku cyo gukora, kandi ngo arageza ku baturage ijambo mu mwanya uri imbere.

Magwenya yatangaje ko icyo Ramaphosa ashyize imbere ari uko guverinoma ya Afurika y’Epfo n’igihugu byatekana. Ati: “Icy’ingenzi Perezida atekereza ni ituze rya guverinoma n’igihugu.”

Mu gihe yatangaza ubwegure, Visi Perezida David Mabuza ni we wamusimbura by’agateganyo nk’uko Itegekonshinga ry’igihugu ribiteganya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *