Umutoze w’ikipe y’umupira wa Maroc, Walid Regragui, yatangaje ko amakipe y’igihugu cyo ku mugabane wa Afurika na yo yakwegukana igikombe cy’Isi kuko Abanyafurika bashoboye.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’aho ikipe ye itsinze iya Canada ibitego 2-1 bikayihesha kubona itike y’icyiciro cya 1/8, umunyamakuru yamubajije ati: “Uratekereza ko mwatwara igikombe cy’Isi?”
Regradui, nk’uko BBC Sport ibivuga, yabanje gusobanura ko ikipe ya Maroc yari yarihaye intego yo kwambuka amatsinda, kandi ngo kuva yabigezeho no kwegukana iki gikombe byashoboka.
Yagize ati: “Twihaye intego yo gutanga byose dufite kugira ngo twambuke amatsinda. Nyuma y’ibyo, kubera iki bitashoboka? Kubera iki tutagira intego yo gutwara ibikombe? Nk’amakipe yo muri Afurika, dukwiye kwiha iyi ntego.”
Ikipe ya Maroc yabonye itike ya 1/8 iyoboye itsinda n’amanota 7. Yakurikiwe n’iya Croatia ifite amanota 5. Iy’u Bubiligi na Canada zatashye.



