Abasirikare ba SADC barimo Umunyatanzaniya biciwe muri Mozambique

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare babiri bari mu butumwa bwa SADC muri Mozambique (SAMIM) bapfiriye mu ntambara yahitanye inyeshyamba zirenga 30 mu ntangiriro z’iki cyumweru mu Ntara ya Cabo Delgado ikungahaye kuri peteroli na gaz .

Nk’uko SADC ibitangaza, aba basirikare baturutse muri Tanzania na Botswana, basize ubuzima mu ntambara aho SAMIM yanafashe intwaro n’ibikoresho by’inyeshyamba zifitanye isano na Leta ya Kisilamu ku wa Kabiri ushize.

Itangazo rya SAMIM rigira riti: “Abaterabwoba barenga 30 barishwe kandi hafatwa intwaro nyinshi, amasasu n’ibikoresho.”

SAMIM yavuze ko abo basirikare bapfuye ari Sgt Musa Mpondo, wo mu ngabo za Tanzania, na Lance Cpl Zikamee Kamai wo mu ngabo za Botswana nk’uko iyi nkuru dukesha News24 ivuga.

Imirwano hagati ya SAMIM n’inyeshyamba yabereye mu mudugudu wa Nkonga, mu Karere ka Nangade.

Abaterabwoba bagaragajwe na SAMIM ko bafitanye isano n’umutwe wa Ahlu Sunnah Wal Jamaah (ASWJ).

ASWJ ni umutwe witwara gisirikare ukomoka muri Somalia ugizwe n’Abasufiya bashyira mu gaciro barwanya Salafisme ikabije. Washinzwe mu 1991, mbere y’uko Al-Shabaab ibaho.

Umuyobozi w’ubutumwa bwa SAMIM, Prof. Mpo Molomo n’umuyobozi w’ingabo, Maj. Gen. Xolani Mankayi, wo muri Afurika y’Epfo, mu itangazo bahuriyemo bagize bati: “Hishwe abaterabwoba barenga 30.”

Ubutumwa bwa SADC muri Mozambique, bugizwe n’abasirikare 2,000 baturutse mu bihugu umunani bya SADC, bwemejwe na Guverinoma ya Mozambike ku ya 15 Nyakanga 2021.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Abasirikare ba SADC barimo Umunyatanzaniya biciwe muri Mozambique
    Hhhh! Sha mwe murivugisha ntimunasobanure neza abantu bari gutikirira hariya! Biriya byihebe nibabirwanye ariko aba nimushoshoza neza muzamenya ko iriya mitwe y’ibyihebe yubatwe n’abazungu bashaka kwisahurira gusa

  2. Abasirikare ba SADC barimo Umunyatanzaniya biciwe muri Mozambique
    Hhhh! Sha mwe murivugisha ntimunasobanure neza abantu bari gutikirira hariya! Biriya byihebe nibabirwanye ariko aba nimushoshoza neza muzamenya ko iriya mitwe y’ibyihebe yubatwe n’abazungu bashaka kwisahurira gusa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *