Burkina Faso: Guverinoma yahagaritse ibiganiro bya RFI ku butaka bw’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yahagaritse umuyoboro wa Radiyo Mpuzamahang y’Abafaransa, RFI, iyishinja gutngaza inkuru z’ibinyoma no guha ijambo abarwanyi ba kisilamu, nk’uko byatangajwe na guverinoma ku wa Gatandatu .

Iri tangazo rivuga ko ku wa Gatandatu RFI yatambukije ubutumwa bw’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro aho yakanze abaturage.

Mu itangazo ryabwo, ubuyobozi bwa RFI nabwo bwagize buti: “RFI ibabajwe cyane n’iki cyemezo ndetse yamaganye ibirego bidafite ishingiro bishidikanya ku bunyamwuga bwayo.”

Yongeyeho ko icyemezo cyo guhagarika ibiganiro byayo cyafashwe nta nteguza kandi nta gushyira mu bikorwa inzira zashyizweho n’umuyobozi ushinzwe itumanaho rya Burkina Faso.

Radiyo RFI Afrique, imwe mu zifite ikirenge kinini muri Afurika ivuga Igifaransa, yongeyeho ko izashakisha uburyo bwo gusubizaho ibiganiro byayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *