np_file_197619.jpg

USA: Hamuritswe indege nshya y’intambara itwara ibisasu bya kirimbuzi idapfa kugaragara kuri radar

Sangiza iyi nkuru

Ingabo zirwanira mu kirere z’Amerika zashyize ahagaragara indege nshya y’intambara, B-21, idapfa kumvikana cyangwa kugaragara kuri za radar itwara ibisasu bisanzwe n’ibya kirimbuzi, ije gusimbura iyari isanzwe yakozwe mu gihe cy’intambara y’ubutita .

Ni yo ndege ya mbere yo mu bwoko bwa Bomber mu myaka 30 ishize ishobora kugura imwe akayabo ka miliyoni 700 z’amadolari kandi ifite ubushobozi bwo gutwara ibisasu byemewe n’ibya kirimbuzi.

np_file_197619.jpg

Nkuko byari byitezwe, amakuru arambuye kuri iyi ndege akomeje guhishwa no kurindwa bikomeye nk’uko iyi nkuru dukeshaa BBC ivuga.

Ariko, Minisitiri w’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lloyd Austin, yavuze ko “ari ikimenyetso cy’uko Amerika ihora ihora imbere mu buhanga no mu guhanga udushya”.

0x0-2.jpg

B-21 Raider yashyizwe ahagaragara mu muhango wo ku wa Gatanu mu ruganda rwayikoze rwa Northrop Grumman muri California.

b-21compare.jpg

Austin yavuze ko iyi ndege izaha umwitangirizwa izindi zari zisanzwe mu bubiko bw’igisirikare cya Amerika, avuga ko “ndetse na sisitemu zo mu rwego rwo hejuru mu ikoranabuhanga zishinzwe kurinda ikirere zizahura n’akazi katoroshye mu kubona B-21 mu kirere”.

Ati: “Imyaka mirongo itanu y’iterambere mu ikoranabuhanga ryo kutagaragara kuri radar (low-observable technology) yagiye kuri iyi ndege”.

Yongeyeho ko iyi ndege yubatswe n’imyubakire ya sisitemu ifunguye, ituma hashyirwaho “intwaro nshya zitaravumburwa”.

Mu gihe muri uyu muhango hatavuzwe ubushobozi bwo kuba iyi ndege yakoreshwa idasabye umupilote, umuvugizi w’ingabo zirwanira mu kirere muri Amerika yavuze ko indege “yakozwe ngo bishoboke, ariko ko nta cyemezo kirafatwa cyo kuba yaguruka idafite abapilote”.

Indege ya mbere ya B-21 biteganijwe ko izaguruka mu mwaka utaha.

maxresdefault-28.jpg

Amaherezo izasimbura ubwoko bwa B-1 na B-2 kandi biteganijwe ko kuzubaka bizatwara amadolari miliyari 203 mu kuziteza imbere, kugura no gukora mu myaka 30, nk’uko Bloomberg ibitangaza.

Kuri ubu indege esheshatu ziri gukorwa, nk’uko uruganda ruri kuzikora ruvuga, runemeza ko zizaba zifite ikoranabuhanga ry’ “Igisekuru kizaza cy’indege zitavuga zitanagaragara kuri radar” kandi ko ruri gukoresha “tekiniki nshya n’ibikoresho” bitazwi.

Igisirikare cyo mu kirere cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kirateganya kugura byibura izi ndege 100.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. USA: Hamuritswe indege nshya y’intambara itwara ibisasu bya kirimbuzi idapfa kugaragara kuri radar
    Nipfuza kwama ndonka amakuru y’igisirikare CA America

  2. USA: Hamuritswe indege nshya y’intambara itwara ibisasu bya kirimbuzi idapfa kugaragara kuri radar
    Nipfuza kwama ndonka amakuru y’igisirikare CA America

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *