Perezida Museveni yavuze ko atigeze ahangayikishwa n’ibitero biherutse kwibasira abashinzwe umutekano ndetse n’inzego, aburira ko ababiri inyuma bazitabwaho uko bikwiye .
Ku wa Gatanu, ubwo Perezida Museveni yagezaga ijambo ku banyagihugu, yashinje ibitero bitandukanye umutwe w’inyeshyamba z’abayisilamu wa ADF, abatorotse igisirikare, n’abakiri mu gipolisi bakorana n’abagizi ba nabi.
Perezida yatangaje ko abantu batatu bagabye ibitero bishwe, abandi benshi, barimo Abarundi babiri n’umusirikare wa UPDF, batawe muri yombi nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.
Museveni atangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri gusa minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gen Kahinda Otafire, avuze ko ibyo bitero ntaho bihuriye n’umutwe w’inyeshyamba, ahubwo abishinja abagizi ba nabi bari aho gusa.
Ku ya 1 Ukuboza, mu ijambo Minisitiri w’umutekano, Gen David Muhoozi, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ibyo bitero byihishwe inyuma na bamwe mu bashinzwe umutekano batannye kandi avuga ko ari ingaruka zo kuregeza kwa bamwe mu bashinzwe umutekano.
Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano mu bice by’umupaka basabwe gukomeza kuba maso nyuma y’ibitero byibasiye abapolisi, abakozi no kwiba imbunda. Museveni yavuze ko umugambi w’abantu bari inyuma y’ibyo bitero ari “gahunda zidafite ishingiro”, yongeraho ko bashyigikiwe n’abagizi ba nabi.
Perezida yagize ati: “Bamwe muri bo bashobora kuba bafitanye isano na ADF, bagerageza kwiba amafaranga n’imbunda, ndetse bamwe muri bo kubera gukora ibyaha.”
Yongeyeho ati: “Biroroshye guhangana na bo. Iyo uteye abantu bitwaje imbunda, ushobora gutsinda rimwe cyangwa kabiri ariko iyo bamaze kumenya ko hari itsinda ribatera, baba maso. ”


