CEDEAO igiye gushyiraho ingabo zizajya zifashishwa mu kurwanya za coup d’etat

Sangiza iyi nkuru

Abakuru b’igihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba byibumbiye mu Muryango wa CEDEAO, biyemeje gushinga umutwe w’ingabo z’akarere zizajya zifashishwa mu kugarura umutekano n’iyubahirizwa ry’itegeko nshinga muri aka karere kibasiwe n’ihirika ry’ubutegetsi rya hato na hato muri iyi myaka ibiri ishize .

Abayobozi b’ibiugu bigize uyu muryango wa CEDEAO babivugiye mu itangazo basohoye nyuma y’inama ngarukamwaka yabahuje kuri iki Cyumweru i Abuja mu murwa mukuru wa Nigeria nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.

Izi ngabo z’akarere zizajya zitabazwa aho zizaba zikenewe, haba mu kugarura umutekano, kurwanya iterabwoba, no gusubiza ibihugu mu kugendera ku itegeko nshinga ahabaye ihirika ry’ubutegetsi.

CEDEAO ntiyavuze uko izi ngabo zizashyirwaho, ariko ba minisitiri b’ingabo bo mu bihugu biyigize bazahura mu kwezi gutaha mu nama izigirwamo uko izo ngabo zizakora.

Abayobozi bo muri CEDEAO, mu mpera z’ukwezi gushize basabye igihugu cya Mali kurekura abasirikare 46 ba Cote d’Ivoire bafatiwe i Bamako bitwa abacanshuro, bongeye kugaragaza impungenge batewe n’ifungwa ryabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *