RDC: Umuhanzi Mohombi yatangaje ko aziyamamaza mu matora yo mu 2023

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi n’umucuranzi mpuzamahanga Mohombi Nzasi Moupondo yatangaje kuri uyu wa kane ko azitabira amatora ataha ateganijwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu 2023 .

Ku myaka 36 y’amavuko, Mohombi, ufite se w’Umunyekongo na nyina ukomoka muri Suede, yatunguye abatari bacye ubwo yatangazaga ko aziyamamaza mu matora ataha nk’umukandida wigenga ariko ntiyasobanura niba aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu cyangwa uw’umudepite.

Yagize ati « Mohombi Moupondo, Umukandida wigenga, Amatora ya 2023! »
Mu kwezi kwa Gatatu umwaka ushize, uyu muhanzi nabwo yari yagaragaje ko ahangayikishijwe n’ibibazo byugarije igihugu cye aavuga ko kugirango bikemuke hakenewe impinduka.

Icyo gihe kuri twitter yagize ati “Nshuti dusangiye igihugu, reka turebe ukuri mu maso kugirango tubashe kuguhindura: Mu by’ukuri, DRC ntabwo ari igihugu cyigenga. Ntabwo ari na koloni, ahubwo ni umurima ufunguye. Kuva mu myaka 500, baraza, bagafata, bakagenda, mu bufatanye n’intore zamunzwe na ruswa”.

Komisiyo yigenga y’amatora (CENI) yasohoye kuva ku wa gatandatu, itariki 26 Ugushyingo i Kinshasa, ingengabihe y’amatora yo mu cyiciro cya 2022-2027 nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga mbote.cd ikomeza ivuga.

Perezida wa CENI, Denis Kadima, yari yashyize ahagaragara imirongo y’ingenzi y’iyi ngengabihe imbere y’abanyapolitiki, abafatanyabikorwa mu matora ndetse n’abanyamakuru.

Mu matariki nyamukuru y’iyi ngengabihe, hagaragara ko guhera ku itariki ya 24 Ukuboza 2022, hazatangira ibikorwa byo kumenyekanisha no kwandika abazatora . Amatora yo ateganyijwe ku itariki ya 20 Ukuboza 2023.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *