Impunzi z’Abanyasomaliya zisaga 40 mu ijoro ryo kuwa kane rishyira kuwa Gatanu ziciwe mu gitero cya kajugujugu y’intambara cyagabwe ku bwato zari zirimo ku nyengero z’umupaka wa Yemen mu Nyanja Itukura nk’uko byemejwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku bimukira, OIM.
Abarokotse icyo gitero basobanuye ko bari bari kwerekeza muri Sudani gushaka ubuhungiro bavuye muri Yemen kubera intambara. Abo barokotse bagera kuri 80 bakaba bajyanywe na OIM mu mujyi wa Hodeida.
Iyi nkuru iravuga ko Inyeshyamba z’aba-Houthi zirega ingabo mpuzamahanga ko ari zo zarashe buriya bwato. Izi ngabo ziyobowe n’Arabiya Sawudite, kandi ziterwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Zatangiye kurwanya aba-Houthi mu 2015, kugirango zibambure umurwa mukuru wa Yemen Sanaa. Ariko byarananiranye kugeza ubu, ndetse ahubwo aba-Houthi bongeyeho no kwigarurira igice kinini cya Yemen mu majyaruguru y’igihugu. Iyi ntambara imaze guhitana abasivili barenga ibihumbi icumi.

Umwe mu barokotse ari nawe nyiri ubu bwato bwarashwe, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, ko bwarashwe n’imbunda yo kuri kajugujugu, avuga ko barashwe bageze mu birometero nka 48 uvuye ku nkombe ya Yemen.
Yongeyeho ko ubwo iyo kajugujugu yarekuriraga amasasu kuri ubu bwato, impunzi zahiye ubwoba zigatanga ibimenyetso by’amatara zerekana ko ari abimukira akaba ari bwo kajugujugu yarekeye aho kurasa ariko Abanyasomaliya abagera kuri 42 bamaze kwicwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


