Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major Willy Ngoma, yatangaje ko adatewe ubwoba no kuba yajyanwa mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Haye mu Buholandi.
Uyu muvugizi ku rwego rw’igisirikare yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Primo Media Rwanda, nyuma y’aho afatiwe ibihano na komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU), ashinjwa gutegura no kuyobora ibitero ku basivili.
Ni nyuma kandi y’aho Umuryango w’Abibumbye (UN) utangaje ko iperereza ry’ibanze wakoze ryagaragaje ko M23 ari yo yakoze ubwicanyi mu gace ka Kishishe muri teritwari ya Rutshuru, intara ‘bwaguyemo abasivili 131’.
Maj. Ngoma yagize ati: “Twebwe nta bwoba dufite bwo kujyanwa i La Haye. Ni urukiko, nta bwoba ruduteye kuko twebwe nta ntoki zanduye dufite. Ntidushobora kwica n’inka y’umuturage. Aho Leta igenzura ni ho hari ubwo bwicanyi, gushimuta no gufata ku ngufu. Ibyo kumbwira inkiko, nta bwoba dufite bwa La Haye. Twebwe dufite ukuri kandi turwanira.”
Maj. Ngoma n’abandi 7 ni bo baherutse gufatirwa ibihano na komisiyo ya EU, bashinjwa kugira uruhare mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa RDC. Barimo umunyapolitiki Justin Bitakwira, Colonel Ruhinda wa FDLR na Colonel Joseph Nganzo Olikwa wo mu ngabo za Leta.


