Uganda: Polisi irimo guhiga abateye station ya polisi bakica n’abaturage babiri

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Uganda ahitwa Kyabadaza mu Karere ka Butambala yatangije umuhigo wo guhiga agatsiko k’abantu bikekwa ko ari abajura b’amatungo barashe bakica abaturage batatu mu ijoro yo kuwa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu ushize .

Igipolisi kivuga ko abagabye igitero bitwaje intwaro bateye Igiturge cya Kasule Ayanguwa, aho abantu babiri bikekwa ko ari bagenzi babo baterewe muri yombi n’abaturage bakekwaho kwiba amatungo.

Abo bantu babiri nyuma batabawe na polisi bagiye kwicwa bajyanwa kuri station ya polisi ya Kyabadaza.

Nyuma yaho ariko nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga, polisi yavuze ko abandi bantu batatu bageze aha bari kuri moto bagatangira kubaza ibyabaye.

Umuvugizi wa Polisi muri Katonga, Lydia Tumushabe, yagize ati “ Basaga nk’abateye amakenga maze abaturage bakangisha kubafata, batazi ko bari bafte imbunda,”

Yakomeje agira ati “ Abakekwa bakuyemo imbunda zabo barasa ku baturage, bica babiri ako kanya. Abantu bapfuye ni Kalyango Ibra na Nsubuga Peter,”

Tumushabe akomeza avuga ko bavuye aho abo bantu bakomereje Kyabadaza bagatera abapolisi bari mu kazi, bikaba ngombwa ko barasana ariko bakabasha gucika nubwo nta mupolisi wakomeretse ariko ibiro byabo byatwitwe.

Uyu muvugizi wa polisi avuga ko kugeza ubu hatazwi ikirimo gukoresha abakekwa, ariko itsinda ribishinzwe ryabo ndetse n’abo mu ishami rishinzwe iperereza barimo kugerageza kumenya imyirondoro yabo kugirango bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *