Imbunda 10 za AK-47, imwe ya PKM n'amasasu byambuwe abarwanyi ba ADF

Abana barindwi bari mu barwanyi ba ADF ingabo za Uganda zafashe mpiri

Sangiza iyi nkuru

Ibiro by’Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Felix Kulayigye kuri uyu wa 13 Ukuboza byatangaje ko mu barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bagabye igitero mu karere ka Ntoroko, hishwemo 11, abandi 8 bafatwa mpiri.

Aba barwanyi bagabye iki gitero mu gace ka Kyapa mu rukerera, nyuma yo kwambuka umugezi wa Semuliki utandukanya Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).

Umuyobozi w’ibikorwa by’igisirikare cya Uganda byo kurwanya ADF muri RDC, Maj. Gen. Dick Olum yatangarije abanyamakuru ko umubare w’abafashwe mpiri wageze kuri 13, barimo abana 7.

Muri videwo yashyize hanze n’umunyamakuru Sharon Kyomugisha utara inkuru z’ibikorwa by’izi ngabo muri RDC, yumvikanamo Gen. Olum aganiriza abana bafashwe mu rurimi rw’Igiswahili, abaza buri umwe amazina ye n’imyaka afite.

Muri aba bana harimo Tumaini Jeremie w’imyaka wahawe izina rya Ali, akaba afite imyaka 17 y’amavuko, Joseph w’imyaka 16, Abdou-basti w’imyaka 14. Umukuru muri bo ni Hassan w’imyaka 18, bose bakomoka muri RDC, mu bwoko bwa Nande na Banyabwisha.

Umutoya muri bo ni Abdul Khanini ufite imyaka 12 y’amavuko. We akomoka mu karere ka Arua muri Uganda gahana imbibi n’igice cy’uburasirazuba bwa RDC.

Gen. Olumu yasobanuye ko inyinshi mbunda 11 zafashwe (10 za AK-47 na PKM 1), inyinshi ni aba bana bari bazifite.

Imbunda 10 za AK-47, imwe ya PKM n'amasasu byambuwe abarwanyi ba ADF
Imbunda 10 za AK-47, imwe ya PKM n’amasasu byambuwe abarwanyi ba ADF

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *