goal_-_multiple_images_-_2_split_-_facebook__3_.jpg

Umuraperi Drake yariwe miliyari frw nubwo ikipe ya Argentine yari yategeye yatwaye igikombe

Sangiza iyi nkuru

Umuraperi Drake yariwe amafaranga menshi nyuma yo gutegera ko ikipe ya Argentine iza gutsinda u Bufaransa mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nubwo iyi kipe yaje gutwara igikombe .

Kuri iki Cyumweru, uyu muraperi w’Umunyakanada ukoreramuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yateze miliyoni imwe y’amadorali (asaga miliyari y’Amanyarwanda)kuri Argentine ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022 muri Qatar ariko arayahomba, nyuma y’uko umukino ubonetsemo ibitego 3-3, bikarangira bibaye 4-2 nyuma yo gutera penariti.

Nk’uko urubuga Vulture rubitangaza, mu gihe Argentine yaje ku mwanya wa mbere imbere y’u Bufaransa muri penariti, uyu muhanzi mu byo yari yategeye igihe cy’inyongera ntabwo cyari kirimo kandi ibisubizo bigenwa hashingiwe ku bitego byinjijwe mu minota 90 y’umukino.

goal_-_multiple_images_-_2_split_-_facebook__3_.jpg

Mu butumwa yari yashyize kuri Instagram bwaje gusibwa, Drake yari yerekanye ko yari kwinjiza miliyoni 2.75 z’amadolari iyo aramuka atsinze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *