Ishyaka ANC riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere ryongeye gutora Perezida Cyril Ramaphosa nk’umuyobozi waryo mu myaka itanu iri imbere, nk’uko iryo shyaka ryatangaje .
Ramaphosa yagize amajwi 2,476 kuri 1.897 y’uwahoze ari minisitiri w’ubuzima Zweli Mkhize, nk’uko ibisubizo byatangajwe n’umuyobozi wa komisiyo y’amatora y’ishyaka, Kgalema Motlanthe.
Kongera gutorwa kwa Ramaphosa byugurura inzira yo kwiyamamariza manda ya kabiri yo kuba perezida wa Afurika y’Epfo, kubera ko ishyaka rya ANC rifite ubwiganze busesuye mu nteko ishinga amategeko, itoranya umukuru w’igihugu nk’uko tubikesha AFP.
Ku Cyumweru, intumwa zirenga 4.300, zateraniye mu nama yabereye i Johannesburg, bakora amatora kugira ngo bashyireho abayobozi bakuru, barimo perezida w’ishyaka, perezida wungirije, n’umunyamabanga mukuru.
Uwahoze ari umubitsi w’ishyaka, Paul Mashatile, yaje kuba visi perezida.
Ramaphosa, ufite imyaka 70, yatsinze amaatora nubwo ashinjwa ko yahishe ubujura bw’amafaranga menshi yibiwe mu rwuri rw’inka ze.
Nka visi perezida w’igihugu, yazamutse ku buyobozi bwa ANC mu Kuboza 2017 ubwo umuyobozi we, Jacob Zuma, yari ahanganye n’ibirego bya ruswa.


