Umuyobozi w’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 bari bafite ibirindiro muri Kibumba, Colonel Nzenze Imani, yatangaje ko nihagire izindi ngabo zitari iz’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF, zinjira muri aka gace, bazazishakira umuti.
Col. Nzenze yabimenyesheje abanyamakuru ubwo yari mu muhango wo gushyikiriza ku mugaragaro EACRF ibirindiro bari bafite muri Kibumba, tariki ya 23 Ukuboza 2022.
Uyu musirikare yabajijwe aho abarwanyi ba M23 berekeje nyuma yo kuva muri Kibumba, ntiyahavuga, ariko asobanura ko batangiye kubahiriza imyanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere, i Luanda muri Angola tariki ya 23 Ugushyingo.
Nzenze yatangaje ko nta zindi ngabo basigiye ibi birindiro, keretse gusa EACRF. Abajijwe uko bizagenda mu gihe izindi nka FARDC zakwinjira muri Kibumba, yasubije ati: “Hano Kibumba tuhasigiye EACRF ariko nihagira izindi ngabo zihinjira, twebwe nka M23 tuzashaka umuti.”
Umunyamakuru akoresheje ururimi rw’Igiswahili, yasabye Col. Nzenze gusobanura uyu muti abarwanyi ba M23 bateganya gushaka, asubiza ati: “Namwe murawuzi.”
Kuva muri Kibumba kw’abarwanyi ba M23 kwatumye Abanyekongo bari barahungiye mu nkambi ya Kanyaruchinya basubira mu ngo zabo, umuhanda uhuza umujyi wa Goma na Rutshuru urafungurwa.



2 Responses
Tuzashaka umuti nihagira izindi ngabo zitari iza EAC zinjira muri Kibumba: Col. Nzenze wa M23
Ese nta numwe wasobanurira M23 ko igomba gusubira inyuma nta yandi mananiza? (sans condition). FARDC nizo zirinda igihugu kandi byemezwa n’ayo masezerano M23 ivuga ko ishaka kwubahiriza.
Tuzashaka umuti nihagira izindi ngabo zitari iza EAC zinjira muri Kibumba: Col. Nzenze wa M23
Uwagutsinze nawe ashyiraho ake! Hashize igihe kingana iki imyanzuro ifashwe? Hari n’abandi bavugwa batarava ku izina!