Kuri uyu wa Gatatu, itariki 04 Ukuboza, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko hashyizweho Lt. Gen. Otávio Rodrigues de Miranda Filho wo muri Brazil nk’umuyobozi mushya w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO).
Lt Gen. Otávio Rodrigues de Miranda Filho asimbuye Lt. Gen. Marcos de Sá Affonso da Costa nawe wo muri Brazil, uzarangiza inshingano ze ku ya 28 Gashyantare 2023 nk’uko itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga. Umunyamabanga Mukuru wa Loni kandi arashimira byimazeyo Lt Gen. Marcos de Sá Affonso da Costa kubera uruhare rukomeye n’akazi yakoreye MONUSCO.
Lt. Gen. Miranda Filho afite uburambe bw’imyaka myinshi mu bikorwa byo kuyobora no kugenzura mu gisirikare cya Brazil. Kuva muri Kanama 2021, yabaye umuyobozi w’akarere ka gisirikare (mu majyaruguru ya Brazil), ashinzwe ubuyobozi n’ibikoresho, agemurira imitwe ya gisirikare 32 muri amazon kandi ashinzwe gutoranya no kwinjiza abasirikare b’igihe gito muri ako karere. Mbere y’ibyo, yabaye umuyobozi ushinzwe ibibazo mpuzamahanga mu Gisirikare cya Brazil.
Lt. Gen. Miranda Filho yanagize indi myanya myinshi y’ubuyobozi, irimo Komanda wa Brigade ya 9 y’abasirikare bakoresha imodoka z’intambara kuva mu 2018 kugeza mu 2019 ndetse aba n’Umuyobozi mukuru wa Planalto Military Command kuva mu 2016 kugeza mu 2018. Afite kandi uburambe mpuzamahanga, kuko yabaye ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade ya Brazil mu Bushinwa kuva mu 2014 kugeza mu 2016.
Lt. Gen. Miranda Filho afite impamyabumenyi ihanitse mu bumenyi bwa gisirikare yakuye mu ishuri rya gisirikare rya Das Aghulas Negras muri Brazil kandi yarangije imyitozo myinshi ya gisirikare mu Ishuri ryo kuyoboraa ingabo n’abakozi rya Rio de Janeiro, muri Brazil. Avuga neza Igiporutugali, Icyongereza n’Icyesipanyoli kandi azi Igifaransa.


