Inzego z’umutekano za Tchad zaburijemo umugambi w’itsinda ry’abasirikare bakuru wo guhungabanya umutekano w’igihugu n’itegeko nshinga, nk’uko guverinoma yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize .
Itangazo ryasohowe rigira riti: “Iyi gahunda yateguwe n’itsinda ribujijwe ry’abagambanyi rigizwe n’abasirikare 11.” Rikomeza rivuga ko uyoboyeiri tsinda ari uwitwa Baradine Berdei Targuio, Perezida w’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Tchad.
Reuters ntiyashoboye kugera kuri Targuio, uri muri gereza.
Inzego z’umutekano ryafashe abantu bafitanye isano n’uyu mugambi kuva ku ya 8 Ukuboza kandi bafata ibikoresho bya gisirikare, nk’uko byatangajwe.
Tchad ikomeje kugaragaramo ibibazo kuva uwari perezida, Idriss Deby yapfira ku rugamba mu 2021 nyuma umuhungu we Mahamat Idriss Deby agafata ubutegetsi.


