Uganda: Impanuka ikomeye ya bisi itwara abagenzi yahitanye 16 abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 16 bapfuye abandi 21 barakomereka nyuma y’uko bisi igonze rukururana yari iparitse muri centre y’ubucuruzi ya Adebe hafi y’umuhanda Kampala-Gulu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu .

“Biravugwa ko bus ifite pulake UAT 259P y’isosiyete itwara abagenzi ya Roblyn yavaga i Kampala yerekeza i Gulu yinjiye muri rukururana yari iparitse ahagana mu gicuku cyo ku ya 6 Mutarama 2023 ku muhanda wa Kampala-Gulu. Iyi rukururana ngo yari irimo gupakira muri centre y’ubucuruzi ya Adebe mu kirometero kimwe gusa uvuye kuri bariyeri ya Kamdini, ” ibi byavuzwe n’umuvugizi wa polisi mu karere ka Kyoga, SP Patrick Jimmy Okema.

Ku bwe, abantu 12 bapfiriye aho mu gihe abandi bane bapfiriye mu bitaro bya Atapara aho bari bajyanwe kuvurizwa nk’uko iyi nkuru dukeha Daily Monitor ikomeza ivuga.

“Abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda n’inshingano rusange basuye aho byabereye bikimara kuba bahabwa amakuru maze bemeza ko abantu 12 bapfiriye aho mu gihe abandi bane bapfiriye mu bitaro bivuze ko kugeza ubu ari imirambo 16 yose n’umubare utaramenyekana w’abarokotse bahise bajyanwa mu bitaro bya Atapara, bamwe bamerewe nabi kugira ngo bavurwe. ”SP Okema yongeyeho ibi mu itangazo ryo kuri uyu wa Gatanu mu gitondo.

Umuvugizi wa polisi akomeza avuga ko imirambo yajyanwe ku Kigo nderabuzima cya Anyeke IV.

Yakomeje agira ati “Impamvu y’impanuka ntiramenyekana ariko ibyagaragaye mbere byerekana guhagarara nabi k’umushoferi wa rukururana nta kimenyetso kiburira. Ni ibintu bibabaje cyane, turasaba ko abaturage batuza, twihanganishije imiryango yabuze ababo ”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *