unnamed-17.jpg

Rushimusi ruharwa w’abantu ukomoka muri Mozambike yafatiwe muri Afurika y’Epfo

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wo muri Mozambike uregwa kuba yarateguye ishimutwa ryinshi ry’abantu ashaka ingurane yatawe muri yombi na Interpol muri Afurika y’Epfo .

Esmael Malude Ramos Nangy arakekwaho kuba yarateguye ishimutwa ryinjije miliyoni nyinshi z’amadolari y’ingurane mu myaka 20 ishize.

Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo cyatangaje ko yatawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku nzu ituwe cyane i Centurion, hafi y’umurwa mukuru, Pretoria.

Polisi yo muri Mozambike nayo yemeje ifatwa ry’uyu mugabo washakishwaga mu mpera z’iki cyumweru gishize nk’uko tubikesha urubuga The Star rwo muri Kenya.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu muturage wa Mozambike w’imyaka 50 yatanzwe bwa mbere na Polisi Mpuzamahanga. Ryakurikiye icyemezo mpuzamahanga cyo kumuta muri yombi cyatanzwe muri Nyakanga umwaka ushize n’abayobozi ba Mozambike.

Itangazo ryavuye muri polisi ya Afurika y’Epfo rivuga ko mu bintu byafatiwe mu rugo harimo imbunda, amakarito y’amasasu, telefoni eshanu n’amakarita ya banki.

unnamed-17.jpg

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, uyu agomba kwitaba urukiko mu gihe Mozambique ishaka koherezwa kwe kugirango imuburanishe.

Amakuru aturuka mu gipolisi cya Mozambike yavuze ko Nangy akekwaho gushimuta abantu mu ishimuta ryabaye umwaka ushize mu murwa mukuru, Maputo.

Gushimuta abantu kubw’ingurane ngo biramenyerewe cyane cyane mu mijyi minini ya Mozambike kandi abantu bibasirwa cyane ni abacuruzi bakomoka muri Aziya cyangwa bene wabo.

Nk’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza ku byaha cya Mozambique (Sernic) kibitangaza, ngo iki gihugu cyanditse abantu bashimuswe 13 mu 2022 naho 33 bafitanye isano n’ibyo byaha batabwa muri yombi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *