Inyeshyamba za M23 zongeye gukozanyaho n’inyeshyamba za FDLR muri Rutshuru

Sangiza iyi nkuru

Umutuzo wagarutse muri Rutshuru-Centre no mu mujyi wa Kiwanja nyuma y’urusaku rw’amasasu y’imbund to n’iziremereye byumvikanye kuri uyu w Mbere, itariki ya 9 Mutarama mu murenge wa Kazaroho ku muhanda w’igihugu numero 2, muri Gurupoma ya Tongo, ho muri Sheferi ya Bwito .

Amakuru aturuka muri Rutshuru avuga ko ari imirwano yabaga hagati y’inyeshyamba za M23 n’inyeshyamba za FDLR, zikorera muri Gurupoma ya Tongo nk’uko iyi nkuru dukesha Radi Okapi ikomeza ivuga.

Urusaku rwinshi rw’imbunda ziremereye ndetse n’imbunda ntoya byumvikanye kuri uyu wa Mbere ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo i Kiwanja, muri centre ya Rutshuru ndetse no mu nkengero zaho.

Aya makuru avuga gusa ko yari imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba FDLR, mu nkengero z’umudugudu bakunze kwita Kazaroho, muri Gurupoma ya Tongo, aho izo nyeshyamba z’Abanyarwanda za FDLR zikomeje gukorera.

Ayo makuru yemeza kandi ko inyeshyamba za M23 zacakiranye n’inyeshyamba za FDLR igihe zashakaga ibyo kurya mu mirima yazo ihakikije.

Kuri ubu, nta makuru y’umubare w’ababa baguye muri iyi mirwano aramenyekana ariko ibintu bisa nk’aho byasubiye mu buryo.

Ku rundi ruhande, mu burengerazuba, abarwanyi ba Mai-Mai, birukanwe n’inyeshyamba za M23 i Nyamilima mu cyumweru gishize, ngo zirimo gukwirakwiza iterabwoba ahitwa Kisharo.

Amakuru y’ibanze yemejwe n’imiryango imwe n’imwe ikorera aha, agaragaza ko aba barwanyi ba Mai-Mai bakomeje kwibasira abaturage baho biganjemo abo mu bwoko bw’Abahutu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *