Senegal: Hafashwe icyemezo cyo kubuza ingendo za nijoro kuri bisi zitwara abagenzi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Guverinoma ya Senegal yatangaje ingamba nshya zo kurwanya impanuka zo mu muhanda, harimo no kubuza ingendo za bisi za nijoro no gutumiza amapine yakoreshejwe, nyuma y’impanuka yahitanye abantu 39 ku Cyumweru .

Minisitiri w’intebe Amadou Bâ yatangaje ko nyuma y’inama ya guverinoma yabereye mu mujyi mushya wa Diamniadio, hafi ya Dakar, ibinyabiziga bitwara abagenzi rusange bizabuzwa “kugenda mu mihanda ihuza imijyi hagati ya saa 11h00 z’ijoro na saa kumi n’imwe za mugitondo.”

Iyi nkuru dukesha VOAAfrique ivuga ko bisi zitwara abagenzi n’ibicuruzwa, inyinshi muri zo zigenda nijoro ziva mu karere zerekeza mu kandi, ari bumwe mu buryo nyamukuru bwo gutwara abantu muri Senegal kandi butera impanuka nyinshi.

Izindi ngamba zibuza kwinjiza amapine yakoreshejwe (occasion) no gufungira umuvuduko w’ibinyabiziga bitwara abantu n’ibicuruzwa kuri kilometero 90 ku isaha na byo byemejwe mu nama yo kuri uyu wa kabiri.

Amabwiriza mashya 23 azatangira kubahirizwa mu gihe cy’amasaha 72 ari imbere.

Minisitiri w’intebe yatangaje ko “bidakwiye gusubikwa cyangwa kuburizwamo.

Ati “Ntabwo tuzahuzagurika mu guhangana n’abanyuranya n’amategeko yashyizweho kugira ngo twizere umutekano w’abaturage bacu “.

Impanuka zo mu muhanda zihitana byibuze abantu 700 buri mwaka muri Senegal, igihugu cya Afurika y’Iburengerazuba gituwe n’abaturage barenga miliyoni 17.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *