Kuri uyu wa gatanu, itariki 24 Werurwe u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose mu Munsi Mpuzamahanga w’Igituntu, indwara bivugwa ko ihitana abantu bagera kuri miliyoni 2 buri mwaka, aho abantu bibasirwa cyane ari abo mu bihugu bya Indonesia, u Buhinde, u Bushinwa, Nigeria, Pakistan na Afurika y’Epfo.
Mu Rwanda, uyu munsi w’Igituntu wahawe insanganyamatsiko igira iti: ” Twese Hamwe Duhashye Igituntu ” , ukaba wizihijwe hakorwa ubukangurambaga bwo kurushaho gukangurira abantu kwirinda iyi ndwara, ndetse habaho no gupima no gutanga imiti ku basanganwa iyi ndwara.
Impamvu uyu munsi wizihizwa kuri iyi tariki byatewe n’uko ari bwo Dr Robert Koch yavumbuye indwara y’Igituntu. Kugeza ubu mu Isi abantu bagera ku 5,000 bakaba bahitanwa n’iyi ndwara buri masaha 24.
Umuyobozi ushinzwe kurwanya indwara y’igituntu mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, Mario Raviglione, avuga ko iyo ndwara irushaho kuzahaza abantu babangamiwe n’ubuzima biganjemo impunzi, abimukira, imfungwa ndetse n’abantu usanga barahawe akato mu bandi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri iyi myaka ya nyuma nk’uko VOA ivuga, iyi ndwara ngo yagiye ikwirakwira mu isi hose, bituma ibangamira ubuzima bwa benshi.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara ku kijyanye n’imiti mishya iheruka gusohoka irwanya Igituntu, Dr Keertan Dheda, ushinzwe indwara zo mu bihaha muri kaminuza ya Cap Town muri Afurika y’Epfo, avuga ko iyo miti itazatangwa mu kavuyo kuko ngo igomba guherekezwa n’uburyo bwo kuyifata bwumvikana kugirango itazateza ibindi bibazo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


