Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Ituri, Lt.Col. Jules Ngongo, arashinja Perezida w’inteko ishinga amategeko y’intara, Siméon Tchombe, kuba ari we watangije kandi akaba umuterankunga mukuru w’umutwe wa CODECO, ukomeje gukora ubwicanyi bukabije muri kiriya gice k’igihugu .
Ni ibintu byatunguye benshi kuko batari babyiteze. Gusa, Umuvugizi w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) muri Ituri, Lt. Col. Jules Ngongo, ngo uyu mudepite ntabwo ari umwe mu bashinze umutwe wa CODECO gusa, ahubwo ngo ni ibitero byose by’uyu mutwe bitegurirwa iwe mu rugo.

Siméon Tchombe uvugwaho kuba umwe mu bashinze CODECO
Nk’uko uyu musirikare mukuru abivuga, “kuba uyu munsi ari Perezida w’inteko, ni ukubera amaraso y’ibihumbi by’abaturage bacu”.
Jules Ngongo yavuze kandi ko ubuyobozi bw’igisirikare, uyu mudepite arwanya avuga ko ntayo bumaze, bumaze umwaka urenga burimo gusana ibyangiritse bivugwa ko byatewe n’uyu Perezida w’Inteko y’Intara n’umuryango we, bashinze CODECO.


